Thursday 27 January 2011

Umuhanzi Kamichi yagiye gusura Knowless asanga yarimutse!

Muri iyi weekend umuhanzi Kamichi yarikoze ajya gusura umukobwa w’umuhanzi witwa Butera Jeanne uzwi nka Knowless asanga aheruka inzira mu cyi kuko aho yari azi ko atuye atari ho agituye kuri ubu. Gusa we, nk’uko amakuru abitubwira ntiyari yamenyeshejwe ko uyu muhanzi yimutse akava aho yari atuye.

Ubusanzwe uyu Butera yari atuye ahitwa I Nyamirambo hazwi cyane nko Kwa Mutwe hafi ya Studio F2K itunganya indirimbo. Aho yari atuye hakaba hazwi cyane ku izina rya ‘Califonia.’ Amwe mu makuru y’iri yimuka rya Knowless ava Kwa aho Califonia, avuga ko nyuma yo gusanga ahantu atuye hahora akajagari kenshi n’urujya n’uruza rw’abantu, uyu mukobwa, w’imyaka 20, yahisemo gufata icyemezo cyo kwimuka akajya ahandi hari umutekano kurusha aho yabaga. Mu gufata iki cyemezo ariko bigaragara ko atabimenyesheje abantu benshi, kubera ko uyu Kamichi yahageze agasanga yarimutse.

Kamichi nyuma yo gusanga Knowless yarimutse yagize ati:”Njyewe nagiye nyine nzi ko musanga yo kuko mu masaha ya nimugoroba akenshi akunda kuba ari mu rugo, ngezeyo barambwira ngo yarimutse nibaza ukuntu yimutse ntanabyumvanye abantu biranshobera!” Akaba yarahise ahindura gahunda kuko uwo yari yaje ashaka atamubonye kandi aho yimukiye atahise ahamenya.

image
Umuhanzi Knowless basuye bagasanga yariyimukiye!

Kubwe Butera yabwiye Igihe.com ko impamvu yatumye yimuka ari uko aho yari atuye hatamujyagamo kandi ko yumvaga atakihishimiye. Akaba yimukiye ahitwa kuri Avenue Paul 6 munsi ya KIST. Kuba yimukiye hafi y’aho yari atuye bizafasha abakunzi be kutamubura kuko hegeranye n’aho yari atuye mu Biryogo, agace kazwi kubamo abahanzi benshi. Abandi bakaba bagiye bavuga ko azaba ari n’impamvu zo kwegera amastudio ari kumukorera indirimbo muri iyi minsi.

Uyu muhanzi muri iyi minsi akaba aherutse gusohora indirimbo nshya n’umuhanzi Danny. Iyi ndirimbo bakaba barayikoreye kwa Producer Junior muri Line Up Studio mu Biryogo.

Richard IRAKOZE


No comments:

Post a Comment