Friday 28 January 2011

Ndi muri Studio kwa Junior ariko ndarara i Butare-Rozy

Ndi muri Studio kwa Junior ariko ndarara i Butare-Rozy

posted on Jan , 24 2011 at 18H 32min 00 sec viewed 9478 times



Umwaka w’ amashuri 2011 umaze iminsi utangiye abanyeshuri bamaze gusubira ku mashuri bigamo. Aka wa mugani ngo akana iwabo akandi iwabo. Abo muri Kaminuza Nkuru y’ U Rwanda babarizwa mu Mujyi wa Kigali nabo abenshi bamaze kwerekeza mu Ntara ya Butare.

Bamwe ariko ntibaragera aho bagomba kwigira, aha twatanga urugero rw’ umuhanzi Rozy.

Mu kiganiro yagiranye na Igihe. Com, ubwo yamusangaga muri Studio Line-up Kwa Producer Junior, Rozy aravuga ko n’ ubwo ari gukora indirimbo hano I Kigali, agomba kurara mu Ntara ya Butare. Aha akaba aza kuba asubiye mu masomo ku ishuri.

Dore ikiganiro kigufi twagiranye ubwo twamusangaga muri Studio ku mugoroba w’ uyu wa Mbere:

image
Umuhanzi Rozy

Igihe.com: Amahoro, Amahoro Rozy.

Rozy: Amahoro Richard, muraho murakomeye!

Igihe.com: Turaho, ko uri muri Studio kwa Kibonge Junior amakuru ni meza?

Rozy: Ni meza cyane. Ndimo ndakora indirimbo nshya, ubundi ngahita ntaha I Butare kandi ndarara ngezeyo kuko ngomba kurarayo.

Igihe.com: Ehh!

Rozy: Nibyo.

Igihe.com: Ariko ko wari umaze iminsi utagaragara cyane Rozy kandi ufite ijwi ryiza abantu bakunda, buriya ntuzaryamisha abakunzi bawe?

Rozy: Ni izo gahunda z’ umuziki nakubwiye. Ubu hari ubwo Junior yagira atya akantinza ugasanga bisabye gutaha ntarangije, kandi iyo umuntu ageze mu masomo urabizi ko bihinduka ibindi bindi.

Igihe.com: Hanyuma se I Rwamagana ho byari bimeze bite? Ubu ugiye I Butare uhakumbuye?

Rozy: Rwamagana hari haraho, ariko nakundaga no kunyaruka nkaza I Kigali. Naho I Butare ho n’ ubwo ngiyeyo sinari mpakumbuye peeeeeee! Gusa nkumbuye abaho. Najyaga nkumbura ibitaramo byaho muri iki gihe cy’ ibiruhuko.

Igihe.com: Ok, sawa noneho ugiye kubabona. Kandi Amasomo meza Rozy, indirimbo nuyirangiza uze kuyiduha kuko nsigaye mbona Junior akora indirimbo amasaha make!

Rozy: Nankundira akayirangiza nta kimbuza kuyibaha, kandi namwe murakoze.

Richard IRAKOZE

No comments:

Post a Comment