Friday 28 January 2011

Umuhanzi The Ben yanditse indirimbo nshya ‘yise Mumparire’!





Umuhanzi The Ben yanditse indirimbo nshya ‘yise Mumparire’!


posted on Jan , 27 2011 at 06H 51min 20 sec viewed 7076 times



Umuhanzi The Ben amaze igihe yanditse indirimbo yitwa Mumparire iri guca ibintu ku maradiyo hano mu Rwanda. Iyi ndirimbo ikaba yararirimbwe n’umuhanzi Jack-B, akaba ari nawe wabitwibwiriye.

Uyu muhanzi akaba yaratangarije IGIHE.com ko kuba The Ben yaramwandikiye iyi ndirimbo ari ukubera ko abantu benshi bajyaga bakeka ko The Ben atajya akunda kwiyandikira indirimbo, bityo iyi ndirimbo ikaba ari imwe muzo yiyandikiye. Gusa nk’uko Jack-B yabitubwiye ngo ntiyabashije kuyiririmbira ahubwo yahise ayimuha ngo abe ari we uyiririmba.

Jack-B akaba yaranatumbwiye ko we ajya abasha kuvugana n’uyu muhanzi bakaganira ibintu bitari bike ku buryo n’ubu aklimushimira ku bitekerezo akya amuha mu buhanzi bwe.

Uyu musore The Ben, n’ubusanzwe yari inshuti na Jack-B dore ko uyu yanamubyiniraga. Kuri ubu Jack-B akaba nawe yarahisemo gutangira kuririmba ku giti cye aho anaherutse gushyira ahagaragara album ye ya mbere mu Ntara y’Amajyaruguru. Iyi album akaba yarayise Ijoro Riguye, akaba anavuga ko ari hafi kuyimurikira abakunzi be mu Mujyi wa Kigali mu mezi make ari imbere.

Tubibutse ko nyuma y’aho umuhanzi The Ben agiriye ikitaraganya muri Amerika ku itariki ya 07 Gashyantare 2010, abantu bakomeje kujya bamugarukaho mu nkuru zinyuranye z’imyidagaduro. Ibi bikaba bitari bitunguranye cyane kuko yari amaze kuba icyamamare hano mu Rwanda ndetse abantu benshi bamwiyumvamo. Abakobwa benshi bakaba ari bo baba abahamya b’ irungu The Ben yabateye. Gusa nk’uko umuhanzi Jack-B yabibwiye Igihe.com, The Ben aracyatekereza ku muziki nyarwanda nk’uko yabigaragaje yandika iyo ndirimbo .


Richard IRAKOZE

No comments:

Post a Comment