Saturday 29 January 2011

Umuhanzi Faycal yashyize ahagaragara Clip Video y'Indirimbo ye MBOHORA


Umuhanzi Faysal Ngeruka ari kuririrmbira abakunzi be



Umuhanzi Faysal Ngeruka ari kuririrmbira abakunzi be

 Aya ni amagambo twatangarijwe n’ Umuhanzi Faycal Ngeruka kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Mutarama, ubwo yatubwiraga ibyo amaze mo iminsi ndetse n’ ibyo ateganya mu minsi iri imbere. Faycal yadutangarije ko mu byo amaze iminsi akora harimo indirimbo ebyiri z’ amashusho (videos) naho ngo mu byo agiye kugeza ku bakunzi be n’ igitaramo kizaba vuba aha.

Faycal yadutangarije ko amaze gushyira ahagaragara video imwe y’ indirimbo yakozwe na Producer Arnaud yitwa Igikomere. Muri iyi video hakaba hagaragaramo cyangwa havugwamo ibibazo abantu bahura nabyo umunsi ku munsi bigendana n’ imibanire y’ abakundana.

Tumubajije uko video y’ indi ndirimbo yitwa 'Ese uzabyihanganira?' yarangije gukorwa ariko itarajya ahagaragara, Faycal yadutangarije ko iyi ndirimbo Producer Meddy Saleh wo muri True Eyes yayikoze neza cyane ku buryo ngo izaryohera buri jisho ryose rizayireba.

Faycal yagize ati: “Ndababwiye iyi ndirimbo irimo umukobwa w’ umu- mannequin, abantu bitegure kumureba... Yvette ntabaho, ni mwiza cyane kandi agarara neza ku buryo umuntu wese uzareba iyi clip azemera.”

Faycal kandi yakomeje avuga ko iyi ndirimbo igaragaramo n’ umusore Eric Mucyo nawe w’ umuhanga cyane mu kuririmba, dore ko amaze no gushyira ahagaragara indirimbo ye yo mu bwoko bwa Zouk yitwa Ndarahiye.

Ntabwo ari ama videos Faycal yakoze gusa kuko yadutangarije ko yanakoranye indirimbo na Tom Close yitwa Ongera, aho baba baririmba bati: “Ongera umpe rya sezerano rimwe wampaye mbere, rimwe wambwiye mbere, ongera umbwire ko arijye ukunda, ongera umbwire ko arijye ushaka, ongera umbwire ko arijye, vuga, nigishyika ndeke guhangayika.”

Tumubajije ibyo ateganya mu minsi iri imbere yavuze ko arimo gutegurira abakunzi be igitaramo kizaba kiryoshye bidasubirwaho ndetse ngo imyiteguro ayigeze kure ku buryo mu mpera z’ ukwa Kane cyangwa mu ntangiriro z’ ukwa gatatu azataramira abantu kakahava.

Umuhanzi Faysal Ngeruka ari kuririrmbira abakunzi be


Umuhanzi Faycal yashimiye kandi abantu bose bamufashije kugirango izi ndirimbo ze zitunganywe barimo Producer Clément, Arnaud, Yvette, Eric Mucyo, umufasha we Gisèle, Select Hotel n’ abandi bose bamubaye hafi.

Faycal kandi, nk’ umuntu umaze iminsi muri muzika nyarwanda ngo ntashobora gusoza ikiganiro icyo aricyo cyose atagize icyo abwira abahanzi n’ abakunzi b’ umuziki nyarwanda, niyo mpamvu yagize ati: “Ibanga ry’ umuziki ni ukuririmba ibintu binogeye amatwi kandi bikora ku mutima, ndumva nakongera gusaba abahanzi bose kuririmba indirimbo z’ umwimerere bakareka kujya bakoporora ibihangano by’ abandi.”

Foto: Ruzindana RUGASA

No comments:

Post a Comment