Sunday 30 September 2012

Umuhanzi Elion Victory avuga ko aterwa imbaraga n’abanzi be


Umuhanzi Elion Victory avuga ko azi neza ko afite abanzi kandi benshi. Elion Victory ariko avuga ko kuba afite aba banzi bimutera imbaraga zo kurushaho gukora cyane akagaragaza impano ye nabo bakayimenya.

Mu kiganiro kirambuye yagiranye na IGIHE, Elion Victory yavuze ariko ko afite n’abakunzi kandi benshi. Avuga ko aba bakunzi be ari bo bakomeje kumufasha kurwana urugamba rwo kwereka abanzi be ko afite impano kandi igomba kugera kure.

Muri iki kiganiro Elion Victory yashimiye abafana be, abanyamakuru bose n’abandi bamufasha mu buhanzi bwe. Yavuze kuri gahunda ze za muzika muri iki gihe, n’iby’ugushinga Label kwe mu bufatanye na Producer David usanzwe ukorera muri Futer Records I Remera.

Soma ikiganiro kirambuye Elion Victory yagiranye na IGIHE:
IGIHE: Muraho Elion?
Elion Victory: Muraho!
IGIHE: Amakuru yawe? Ubuhanzi bwawe ubu bwifashe bute?
Elion Victory: Ubu ndi gukorera muri Future Records nkaba mfite gahunda yo gushing Label yitwa Focus “On Dream Music”, mfatanyije na mugenzi wanjye David usanzwe ukorera muri iyo studio.
IGIHE: Eh washinze Label? Irimo bande se, ikorera he?
Elion Victory: Okay, abahanzi duteganya gukorana nabo harimo Peace, Charly, Bijo, Njyewe n’abandi. Dukorera i Remera kuri Studio, hagati ya Prince House na Feu Rouge zo mu Giporoso.
IGIHE: Uheruka gutangaza ko uri gukorana na Barick mushinga Live Band yitwa BMCG Live Band, iyo gahunda imeze gute?
Elion Victory: Oya iyo Band ubu yarahagaze bitewe n’abahanzi bari bayigize kuko twasanze bari bafite ibibazo byinshi mu buzima bwabo bwite.
IGIHE: Eh, ni ukuvuga rero ko mwayihagaritse, itagikora?
Elion Victory: Yego twarayihagaritse. Ariko njyewe nahise mfata gahunda yo gushinga band yanjye, ari nayo ubu ndimo muri Future Records.
IGIHE: Uheruka gutangariza IGIHE ko mu mwaka ushize wagiye muri Kenya kumenyekanishayo ibihangano byawe no kwagura amarembo, ese wabigezeho?
Elion Victory: Yego. Ubwo nari ndi muri Kenya nabashije kugeza indirimbo zanjye ku mateleviziyo, amaradiyo n’ibindi bitangazamakuru bitandukanye byo muri Nairobi no hirya no hino muri Kenya. Harimo Citizen Radio &TV, KBC Radio &TV, KTN Radio &TV na Radio Maisha n’ahandi hatandukanye.
Nabashije kandi guhura n’abatunganya indirimbo baho bakomeye barimo R Kay ndetse tunavugana uburyo dushobora gukorana umushinga wo gutunganya indirimbo za Album yanjye.
IGIHE: Ni izihe ndirimbo zawe nshyashya?
Elion Victory: Indirimbo zanjye nshyashya hari “Umunsi Mwiza” naririmbanye na Ama-G The Black, hari “Only One” hari na “Mbwira Yego”. Ndateganya gukora amashusho y’indirimbo nshyashya yo kuzuza Album yanjye.
IGIHE: Uheruka gutangariza IGIHE ko hari Album ebyiri umaze gushyira hanze, iyo ni iya gatatu?
Elion Victory: Yego. Ni Album yanjye ya gatatu ariko ntabwo iruzura neza. Iyo mperuka gushyira hanze ni iya Kabiri, yitwa “Mbwiza Ukuri”. Iyi Album iri ahantu henshi ushobora kuyigurira kuri Parking ya UTC muri studio yitwa T-Kay iruhande rwa MoneyGram.
IGIHE: Ko uri umwe mu bahanzi bazi gucuranga kandi wacurangiye abahanzi bakomeye nka Richard Nick Ngendahayo, Dr Claude, Kitoko, Tom Close, The Brothers n’abandi,  ubu haba hari abandi bahanzi uri gufasha muri iki gihe?
Elion Victory: Yego. Aba bahanzi bo muri Studio ya Future Records nka Bijo n’abandi bahanzi bahakorera. Mbafasha ku bijyanye na Directing (kuyobora indiririmbo) no kuyobora imiririmbire yabo hamwe no kubacurangira.
IGIHE: Elion Victory, wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Maritha”, “Amafaranga”, “Niko Ateye” n’izindi, kuki utarushaho kwamamara ngo ube umuhanzi ukomeye cyane hirya no hino mu Rwanda muri iki gihe?
Elion Victory: Ni uko ubushobozi bwabaye buke kandi birasaba gushora amafaranga menshi muri promotion kugira ngo ibihangano bicurangwe cyane kugira ngo bibashe kwamamara no kumenyekana cyane.
Icyo bisaba ni uko ibihangano byanjye byabona promotion zigacurangwa cyane hose ku maradiyo no mu bindi bitangazamakuru na cyane ko ari n’abantu benshi babyifuza. Abantu benshi bashaka kuzumva no kuzitunga mu ngo zabo.
IGIHE: Ni iki kigutera kurushaho gukora cyane mu buhanzi bwawe niba ubushobozi bwarabaye buke?
Elion Victory: Ikintera gukora cyane ni uko mfite abakunzi benshi n’abanzi benshi. Abanzi banjye bampa ingufu zo gukora cyane kurushaho. Abankunda bo barankomeza. Impamvu yo kunkunda no kunyanga ni imwe; ni uko mfite impano nkanayikoresha.
IGIHE: Ufite abanzi? Ni bande banzi bawe, Elion?
Elion Victory: Abanzi ndabafite benshi cyane. Ndabazi bose ku murongo ni uko ntashobora kubavuga. Ntawe ntunze urutoki muvuga mu izina ariko barahari kandi baranigaragaza mu maso yanjye.
IGIHE: Nsobanurira neza, ufite abanzi mu ruhe rwego?
Elion Victory: Ntabwo nabivugaho byinshi ariko mfite abanzi benshi.
IGIHE: Ko wamenya ko ufite abanzi se, urateganya kubokoraho iki?
Elion Victory: Ibuye ryagaragaye, Richard urabizi, ntiriba ricyishe isuka. Nkoresheje impano mpabwa na “Allah” hamwe n’inkunga nterwa n’abemera ko mfite iyo mpano, nabo batari bake, urugamba turarutsinda kandi bitari kera.
IGIHE: Ubushize watubwiye ko usigaye ugendera ku ijambo risobanura intego yawe? Ni irihe jambo uri kugenderaho ubu?
Elion Victory: Iryo jambi ndarifite ni “Focus on dream and make it real this time, don’t give up and never stop to believe ” bisobanuye ngo “Kurangamira guhindura inzozi impamo, ntuzacike intege kandi ntuzahagarike kwizera.”
IGIHE: Ese ufite umujyanama ugufasha mu buhanzi bwawe?
Elion Victory: Nta mujyanama mfite, ahubwo ndi gushakisha abaterankunga batandukanye. Kandi ndasaba abantu bose bashoboye kumfasha ngo bamfashe tuzamure impano yanjye kugira ngo tubashe kuyibyaza umusaro yagombye kubyara.
IGIHE: Ese ushaka indirimbo zawe yazikurahe, Elion Victory?
Elion Victory: Ni muri UTC, aho navuze muri studio ya T-Kay muri parking ya UTC ya ruguru hafi ya MoneyGram, Kwa Dj Bob mu mujyi, Chez Venant, muri Kigali Electronic System ahateganya na FINA Bank mu isoko rya Nyarugenge aho bakunda kwita kwa Mani n’ahandi.
Cyangwa se bakaba bahamagara kuri nomero ya telephone igendanwa ya 0782298918 no kuri 0726810041, aho babasha kuzibona ku buryo bworoshye. Babona DVD, VCD ndetse na CD Audio z’indirimbo zanjye maze gushyira hanze zose.
IGIHE: Ni iki wasaba abafana bawe?
Elion Victory: Bahaguruke basabe indirimbo zanjye ku maradiyo no mu biganiro bikunzwe bya Showbiz. Mbijeje nanjye ko ngiye kubaha indirimbo zanjye nshyashya ziteye ubwoba kandi ngiye kurushaho kwigaragaza mu micurangire yanjye ya LIVE no mu bitaramo byinshi ndimo ndategura.
IGIHE: Urakoze cyane Elion kandi tukwifurije amahirwe masa mu bikorwa byawe bya muzika.
Elion Victory: Murakoze namwe!

Tuesday 27 March 2012

Princesse Priscillah yasubijwe muri segonderi

Kigali - Kutagaragara cyane mu buhanzi no kutumvikana mu bihano bishya ku bafana by’umuhanzi Princesse Priscilla byatewe n’uko ababyeyi be bamwangiye gukomeza kuvanga amashuri n’umuziki kuko yari atangiye gusubira inyuma mu myigire. 

Nyuma y’aho atsindiwe ikizamini cya Leta gisoza umwaka wa Gatandatu ababyeyi be bahisemo kumusubiza ku ishuri, kugira ngo abashe kurushaho gutsinda neza.

Mu kiganiro umunyamakuru wa IKIREZI.rw yagiranye n’umwe mu nshuti z’uyu muhanzi akaba n’umwe mu nshuti z’umuryango, twirize gutangaza amazina ye, avuga ko kuva akiri mu mwaka wa Gatanu Priscilla atavugaga rumwe na se mu bijyanye n’ubuhanzi.

Yagize ati:“Yari atangiye gusubira inyuma mu masomo, kuva akiri muwa Gatanu.” Akomeza kuganira na IKIREZI.rw yavuze ko byaje kuba bibi aho uyu muhanzi atsindiwe ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye ari naho ababyeyi be bahisemo guhita bamusubiza mu mashuri yisumbuye, bakamwangira kuzakora nk’umukandida wigenga [candidat libre] nk’uko benshi mu barangije babigenza.

Ubu Princesse Priscilla, w’imyaka 18, ari kwiga La Colombiere aho yarangirije muri Biochimie-Math. Iyi nshuti ye ikomeza ivuga ko n’ubwo nyina yabaanje kumuvuganira, kuri se we atari ko biri kuko we ngo yarushagaho kumukarira cyane kuko atishimiye kujya mu buhanzi kwa Priscilla.

Yagize ati:“Se agira amahane bya hatari. Nyina ubundi niwe wabyumvaga buhoro, ariko se ntiyabyuvaga na gato.” Aba babyeyi bifuzaga Princesse Priscilla yazasubira mu by’ubuhanzi aramutse nibura arangije amashuri yisumbuye.

Saturday 24 March 2012

Umurambo wa Nyakwigendera Sentore wagejejwe i Kigali

Umurambo wa Athanase Sentore, se w’umuhanzi Masamba Intore, wagejejwe i Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu ahagana mu ma saa munani z’amanywa (2 : PM) uvanywe mu Buhinde. Ubwo twavuganaga na Jules Sentore, umwuzukuru wa Athanase Sentore, yavuze ko umurambo wa Sekuru wahise werekezwa mu buruhukiro bw’ibitaro byitiriwe Umwami Faisal i Kigali. Imihango yo kumushyingura ikaba iteganijwe kuri iki Cyumweru. Yagize ati :“Tuvuye kumufata ku kibuga cy’indege, ubu tugiye ku bitaro byitiriwe Umwami Faisal.” Amakuru IGIHE tumaze kumenya ni uko mu mihango yo gushyingura Sentore biteganijwe ko hazerekanwa Filime ivuga ku buzima bwe yari imaze igihe imukorerwa. Muri iyi filime hazahabwa umwanya munini ijambo Sentore yavuze asezera ku muryango. Hazanaririmbwa kandi indirimbo y’umuryango wa Sentore yitwa ’Imihigo y’Imfura’ yari imaze iminsi mike ihimbwe. Muri iyi ndirimbo humvikanamo amajwi y’abahanzi nka Masamba Intore, Mariya Yohana, Cyoya, Muyango, Tombola (umugore wa Cyoya), Raoul, n’abandi benshi. Umusaza Sentore wavutse mu 1934, yitabye Imana mu mugoroba wo kuwa Gatatu tariki 21 Werurwe, azize indwara y’umwijima. Yaguye mu Buhinde aho yari yagiye kwivuriza.

Wednesday 21 March 2012

Umusaza Sentore yitabye Imana ku myaka 77

SURA IRAKOZEIRAKOZE.WEBS.COM ..... urakoze kudusura sura na IRAKOZEIRAKOZE.WEBS.COM
Umuhanzi Athanase Sentore, umwe mu bahanzi bari bazwiho ubuhanga mu gucuranga inanga, yitabye Imana mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Werurwe ahagana saa moya (7:PM) ku isaha y’i Kigali. Yaguye mu bitaro by’i Mumbai mu gihugu cy’u Buhinde, aho yari yaragiye kwivuriza. Mu kiganiro na Jules Sentore, umwe mu buzukuru be, yagize ati:”Yapfuye mu gihe cy’amasaha ya saa moya.” Athanase Sentore apfuye azira uburwayi bwa kanseri y’umwijima nk’uko uwmuzukuru we yabivuze. Yagize ati:”Ni kanseri y’umwijima yari arwaye.” Naho ku rukuta rwa Facebook ya Masamba Intore, umuhungu we, yanditse akomeza abasizwe na Sentore agira ati:”Amasengesho yanjye yose nayerekeje ku muryango wose w’umusaza Sentore. Uruhuke mu mahoro Sentore.” Imihango yo kumushyingura iteganijwe mu minsi ya vuba nk’uko Jules Sentore yabitangarije IGIHE agira ati:” Bishobotse ejo yaza cyangwa akaza ejo bundi, barabiteganya vuba.” Sentore asize abana barindwi (7); barimo Masamba Intore, abuzukuru makumyabiri (20) n’umwana umwe (1) w’ubuvivi. Apfuye amaze gukorerwa filime ivuga ku buzima bwe, ikozwe n’umuryango we. Muri iyi filime, biteganijwe ko izashyirwa hanze mu gihe cya vuba, hazagaragazwa bimwe mu bigwi n’ibirindiro bye birimo; uko yabaye mu itorero Indashyikirwa ry’Umwami Mutara Rudahigwa, uko mu 1958 yegukanye igikombe ku rwego rw’isi mu iserukiramuco ryabereye mu Bubiligi, aho yari ari kumwe n’intore 27 zatoranijwe, akaba ari nawe wari usigaye muri izo ntore zose. Tariki ya 7 Mutarama 2012, nibwo Sentore yajyanywe mu Bihnde agiye kuvurizwayo indwara ya kanseri y’umwijima, indwara z’imitsi n’izindi zishamikiyeho ziterwa ahanini n’ubusaza. Byari nyuma y’aho muri Gashyantare 2011, yari yajyanywe i Nairobi muri Kenya, kwivuza mu bitaro bya Agha Khan. Umuhungu we Masamba Intore yakundaga kumwita Rwagiriza Bigarama rwa Ngarambe. SURA: http://www.freewebs.com/irakozeirakoze/apps/blog/

Saturday 17 March 2012

Rihanna shows off her cool grandmother

Rihanna yagaragaje amafoto ye ari kumwe n'ababyeyo be bakuru IRAKOZEIRAKOZE.WEBS.COM
It seems Rihanna isn't the only cool cat in the family... Showing a rare glimpse into her family life, the superstar showed off her super cool grandmother Clara 'Dolly' Brathwaite as they celebrated the pensioner's birthday. In candid photos from the party, Dolly was seen wearing baseball caps, sunglasses and chains over her quilted dressing gown as she struck a pose for her famous granddaughter's camera. The Barbadian singer took time out of her busy schedule to attend an intimate family gathering in Brooklyn, New York, to mark Clara's birthday. And rarely getting time to see her maternal grandparents Clara and Lionel, Rihanna looked thrilled to be with them, uploading a series of photos of them cuddling up on her Twitter page.

Saturday 18 February 2012

WHITNEY HOUSTON INVITE It's NOT a Funeral It's a 'Home Going' Service

Here's the official Whitney Houston invitation ... and Whitney's family is not referring to the singer's burial ceremony as a "funeral" ... but rather a "home going service." The invite -- obtained by TMZ -- reads, "With heartfelt gratitude, the Houston Family requests the honor of your presence at the home going service for Whitney Elizabeth Houston." A "home going" service is more common in the black community and is usually more upbeat and positive than a typical funeral. The focus is to honor the deceased as they go "home" to Heaven to be with God. As we previously reported, the ceremony at The New Hope Baptist Church in Newark, NJ will be a very exclusive affair ... with a guest list hand-selected by Whitney's family. The event will begin at 12:00 PM EST -- with several of Houston's famous friends expected to participate in the service ... including Kevin Costner, Stevie Wonder and Aretha Franklin.

Tuesday 10 January 2012

Jay-Z Releases “Glory,” Featuring His Daughter Blue Ivy’s Cries


Umuraperi Jay-z, yashyize hanze indirimbo aririmba humvikanamo (cyane cyane ku munota wa 3 n’amasegonda 36) umwana urira. Iyo ndirimbo yise Glory avuga ko yayifatanije n’umukobwa we Blue Ivy Carter (B.I.C) nyuma y’iminsi 2 gusa avutse.

Mu magambo agize iyi ndirimbo, Jay-Z avuga ko yashimishijwe cyane n’ivuka ry’uyu mukobwa we wari utegerejwe n’abantu benshi ku isi n’ubwo kuvuka mbere y’igihe kwe byari byabahangayikishije . Agira ati :”Kuvuka kwawe byari biteye ubwoba, twagiriraga ubwoba ko ushobora kutavuka none ubu buriho, uri igitangaza”. Anavuga kandi ko gutwita kw’uyu mwana byakorewe i Paris ho mu Bufaransa.

Gushyira hanze iyi ndirimbo byahuriranye n’uko uyu mwana yamaze guhabwa akazi muri Kampani yo muri Amerika y’uwitwa Veronica Alexandra. Yanahawe kandi n’izindi mpano zitandukan ku isi aho abantu bari kwitirira inyubako n’imyuga bakora amazina y’uyu mwana mu rwego rwo kurushaho kwinjiza cyane kuko bemeza ko intero ku isi ari imwe’Blue Ivy Carter”, umukobwa wa Jayz nk’uko urubuga rwa Dailymail rubitangaza.

Jay-z, w’imyaka 40 nawe yaboneyeho umwanya wo gutangaza ku mugaragaro ivuka ry’umwana we aho ananyomoza amakuru yatangajwe mu bitangazamakuru avuga ko umugore we Beyonce yabazwe. Yavuze ko yari ageze kure ariko ko atigeze abagwa nk’uko byari byatangajwe mbere.

Tuesday 3 January 2012

Lady Gaga – "Marry The Night" Clip y'iminota 13 yose!

Uyu muhanzi akunze kugaragaraho udushya twinshi, kuri ubu yakoze video y'iminota 13 yose. irebere nawe.
Laddy Gaga, de son vrai nom Stefani Joanne Angelina Germanotta est une chanteuse auteur compositrice et interprète américaine d'origine italienne. Elle devient une star mondiale à la sortie de son premier album The Fame. Le  2 juillet 2010, Lady Gaga est même entrée dans le livre des records 2011.

L'origine du nom Lady Gaga est une référence à la chanson "Radio Ga Ga" de QueenLady Gaga dit avoir été influencée par David Bowie ou Madonna. À l'âge de 14 ans, elle commence à travailler dans des bars de strip tease à New York, où elle arrondit ses fins de mois en tant que serveuse. Elle devint aussi brièvement gogo danseuse après avoir quitté l'université "pour arriver à joindre les deux bouts". Elle commence à écrire des chansons dès l'adolescence.



LES DÉBUTS DE LADY GAGA

À 19 ans, elle signe avec Def Jam après que le patron, Antonio Reid l'ait entendue chanter dans le couloir de la maison de disques. Mais une fois signée, rien ne se passe. Lady Gaga ne revoit jamais plus Antonio Reid. Elle déclare à ce propos qu'elle avait l'habitude d'attendre devant son bureau pendant des heures, en espérant qu'il vienne écouter ses chansons, mais cela ne s'est jamais produit. Le contrat est rompu au bout de trois mois.
En 2007, Jimmy Iovine d'Interscope Records s'intéresse à Lady Gaga. Il lui offre un contrat avec Streamline/Interscope Record et un partenariat avec Akon. Elle commence à écrire des chansons pour Interscope Records qui se retrouvent sur les albums des Pussycat Dolls et deBritney Spears.

Lady Gaga : un succès international (2008-2009)

La carrière de Lady Gaga en tant que performer démarre lorsque le titre"Just Danceest diffusé sur les ondes. Il est suivi d'un autre hit, "Poker Facepuis d'un troisième titre aux forts accents électro, "LoveGame".The Fame, son premier album comporte un nombre impressionnant de singles : "Beautiful""Dirty""Rich""Paparazziou encore "Eh, Eh (Nothing Else I Can Say)". Le 13 juillet 2009, le magazine américainBillboard révèle que Lady Gaga est la troisième artiste dans l'histoire duMainstream Top 40 aux États-Unis à avoir placé trois singles numéro 1 issus d'un premier album. Elle succède ainsi à Mariah Carey et Avril Lavigne.

Lady Gaga est comparée à la chanteuse pop rock Gwen Stefani : même style très affirmé, même mystère dans le personnage, ou encore même coupe de cheveux que Gwen portait pour l'album The Sweet Escape. On la compare également à Christina Aguilera pour le timbre de voix et àMadonna.









THE FAME MONSTER 

Le 23 novembre 2009, Lady Gaga propose The Fame Monster, la réédition de The Fame avec huit inédits dont le single "Bad Romance". "Les rééditions sont injustes" a déclaré la révélation pop 2009 au magazine américain Rolling Stone. "On y voit les artistes rajouter un single à leur album histoire de relancer les ventes. Initialement, mon label voulait que je rajoute trois inédits. A la place, j'ai quasiment écrit un nouveau disque." De nombeux singles ont été extraits, commeTelephone ou Alejandro

THE FAME : L'ALBUM REMIXÉ JUSQU'A L'OS

En mars 2010 au Japon, puis en mai dans le reste du monde, l'albumLady Gaga the Remix a, une nouvelle fois, rentabilisé les productions de Lady Gaga, en proposant 17 titres remixés, signés par de grands noms de l'électro. De même, la plupart de ses singles sont ressortis dans des version maxi remixées, comme Alejandro RemixBad Romance RemixTelephone Remix ou encore Paparazzi Remix.

LADY GAGA : UNE IDOLE ? QUELQUES EXEMPLES...

Lady Gaga a sa poupée Barbie, est l'une des star de la série Glee, est régulièrement comparée à Madonna... Lady Gaga pose nue pour les plus grands magazines, aurait du ouvrir le This Is It Tour de Michael Jackson... Bref : Stéfani est déjà une légende de son époque, et ce n'est certainement pas pour rien qu'elle figure dans le Guiness Book des records 2011 !

LADY GAGA : UN NOUVEL ALBUM POUR 2011

En attendant de révéler le contenu ou le titre de son nouvel album, Lady Gaga a déjà dévoilé un nouveau morceau "You and I", tandis que la rumeur court aussi qu'elle revisitera l'un de ses morceaux inédits "Changing Skies" pour l'occasion...