MY BOOK

IMPANO KAREMANO WIFITEMO
BY RICHARD IRAKOZE

Igihe kimwe kontra y’akazi keza nari mfite yararangiye nsigara nta kazi; icyo gihe naribazaga nti bigiye kugenda bite? 

Namaze amezi 6 nta kazi mbyuka nkicara mu cyumba ngasoma ibitabo nkarya nkaryama. 

Nari nzi ko bindangiranye, ariko nibwo nasomye igitabo Rich Dad, Poor Dad cyahinduye ibitekerezo byanjye ninjira mu nzira yamfashije guhindura ubuzima bwanjye. Kuva ubwo natangiye gahunda yo kujya nsoma cyane, ndetse nanjye nkandika ibitekerezo bindimo numva byafasha bagenzi banjye.

Ndishimira ko ako kazi karangiye kuko ahari inzira natangiye uwo munsi ntari kuzapfa nyimenye. Ubu mbayeho ubuzima nifuza bwiza ntakerezaga ko nagira nyuma yo kubura akazi.

Mu byo nakomeje gusoma birimo ibyanteye imbaraga harimo inkuru ya Braille. Ubwo yari afite imyaka 3, Louis Braille wavukiye mu kagi gato ka Coupvray mu Burasirazuba bwa Paris ho mu Bufaransa, mu 1812, yagize ibyago ari gukina na se wakoraga impu nuko yijomba mu jisho akuma gasongoye batoboza impu kitwa (awl), biza kumuviramo ubuhumyi akiri muto. 

Kuva ubwo Braille yakuze atabona.

Nta wari uzi ko ubuhumyi bw’uyu mwana Louis Braille bwamuviramo kuvumbura inyandiko ikoreshwa ahanini n’abafite ubumuga bwo kutabona ya ‘Braille’, inyandiko yahimbye afite imyaka 15 gusa, ubu ikaba ikoreshwa hose ku Isi hose.

Nubwo yari afite ubu bumuga bwo kutabona, yakuze agaragaza ubuhanga n’impano muri we, bimuhesha amahirwe yo kujya kwiga mu ishuri ryitwa National Institute for Blind Youth in Paris mu Bufaransa. Gusa iri shuri nta kidasanzwe ryagiraga, kuko abanyeshuri bagaburirwaga umugati n’amazi yewe bakanakingiranwa nk’igihano. Braille, muri iri shuri we na bagenzi be bize ibijyanye no gucuranga, ndetse we agaragaza cyane impano yo gucaranga Cello. Aha banahigiye gusoma, ariko bagahura n’imbogamizi ikomeye y’uko ibitabo byabaga biremereye cyane, harimo n’ibyapimaga ibiro 45.

Umunsi umwe, umusirikare w’Umufaransa witwa Captain Charles Barbier yaje gusura iri shuri nuko aganiriza aba bana ibijyanye n’uburyo bari barahimbye bakabwita "night writing", bakoreshaga mu gihe cy’intambara iyo habaga ari mu mwijima bahererekanyaga ubutumwa bifashishije utudomo n’uturongo – bakabusoma bifashishije ibimenyetso by’intoki 12 z’ibiganza byombi– bityo bakabasha guhanahana ubutumwa batavuze. Gusa Braille n’abandi bacutsi be baganira kuri ubu buryo babwumvaga nk’ubugoranye cyane, ariko bubasigira igitekerezo gikomeye mu mitwe yabo; igitekerezo cy’uko bahimba inyandiko yo guhana ubutumwa hagati y’abatabona. 

Nguku uko Braille yatangiye guhimba inyandiko ya Braille. Braille yakoze ubutaruhuka kuri iki gitekerezo, nuko iyi nyandiko agerageza kuyikora mu buryo bworoshye, aho gukoresha utudomo 12, akoresha 6 gusa. Iyi nyandiko yaje kuyirangiza neza mu mwaka wa 1824, afite imyaka 15 gusa. Yaje gutangaza iyi nyandiko ya Braille mu 1829, nyuma aza kongera kuyinoza birushijeho asohora ivuguruye mu 1837. Braille wari umupadiri, waje kwitaba Imana mu 1852, afite imyak 43, agihimba iyi nyandiko ntiyahise yemerwa, ndetse n’iki kigo yigagaho ntabwo cyigeze kiyikoresha akiriho. Ariko nyuma iyi nyandiko yaje kwamamara hose ku isi ndetse mu 1857 iza kwemezwa nk’inyandiko ihuriweho yo kwandika no gusoma y’abafite ubumuga bwo kutabona. 

Igitangaje kurusha ariko ni uko mu guhimba iyi nyandiko Louis Braille yifashishije akuma kitwa ‘awl’ nk’akamujombye kakamutera ubuhumyi; bityo icyamuteye ubuhumyi kiba ari cyo gihindura amateka y’Isi y’abafite ubumuga bwo kutabona.


·      Uko wiyumvamo imbere niko ugaragara inyuma

Mfite inshuti yakoraga akazi ko kurinda abantu baba mu bigo byita ku ntu bashaje n’abafite ubumuga bakeneye ababafasha. Benshi muri aba baba biganjemo abafite imico igoranye, bazanywe n’imiryango yabo kuko yabananiwe. Abandi – nubwo atari bose – ahari kubera ubumuga baba bafite imyitwarire igoranye cyane, kuko baba bumva ntacyo bagishoboye cyangwa se ko isi yose ibanga. Yambwiraga ukuntu hari umuntu yitagaho bitaga ‘Gashoza-Ntambara’ (Trouble maker) uhora yumva ko bari bumwibe. Umunsi umwe agiye kumuryamisha babura agakapu ke yahoranaga mu ijoro yabikagamo ibyangombwa bye byose. Gashoza-Ntambara yagenderaga mu kagari k’abafite ubumuga; kumuryamisha byasabaga kumushyira mu cyuma cyitwa Hoyer, nuko bakamuzamura bakamushyira ku buriri. Iryo joro amaze kubura agakapu ke, bahamagara umuyobozi w’icyo kigo bamubwira uko byose byagenze. Uwo muyobozi amutega amatwi nuko yumva uko agakapu kabuze, aho kaburiye n’uko byagenze byose. Kuko yari asanzwe azi imyitwarire y’uwo mugabo, anazi uko icyizere agirira abantu ari gike, kandi azi neza ko muri iyo nzu nta muntu w’umujura wabagamo; bamubwiye ko bagashatse hose bakakabura, we arababwira ati “Muhumure agakapu karaboneka. Nta wakibye, mwe muhumure turakabona.” Asaba ko bamuryamisha nk’ibisanzwe, kandi ko bizera ko bari bukabone. Amaze kuvuga atyo, Gashoza-Ntambara aremera bamushyira ku buriri. Nyuma y’akanya gato, umuyobozi w’Ikigo bahita bamuhamagara, bamubwira ngo agakapu kabonetse.

Bagasanze he? Arababaza

Bagasanze mu ntebe uyu muntu yari yicayemo. Igihe cyose mu mutwe wishyizemo ko ikintu uri bukibure, biragoye kukibona. Igihe cyose wishyizemo ko ikintu uri bukibone biroroshye kukibona. Natwe mu buzima hari ubwo dushakisha agakapu tubikamo ibintu byacu by’ingenzi tukagashakisha mu cyumba hose, tukagashakisha mu nzu hose ariko tukakabura nyamara tukicariye. Ntibyigeze bikubaho ko ubura ikaramu uyifite ku mufuka w’ishati? Cyangwa gushakisha ikintu ukakibura kandi ugifite mu ntoki? Cyangwa kikuri iruhande? Ubwonko wabubwiye ko ikintu kidahari bisaba imbaraga nyinshi kukibona.

Niba ukunda imikino, uzasanga ubuzima bwawe bwose bwarihariwe n’imikino; urugero uzasanga imyenda wambara, ibiganiro ureba, inshuti zawe byose bifitanye isano ya hafi n’imikino. Uzasanga niba ukunda inzoga – inshuti zawe, ibiganiro byawe, imvugo ukoresha byose bigenda bikagirana isano n’ibyo ukunda.


Ese biterwa n’iki?

Nta yindi mpamvu ni uko ubwonko bwa muntu bukoze ku buryo icyo ububwiye ko ari cyo ukunda bugufasha kukigushakira, bukaguha inzira ibihumbi n’ibihumbi zo kukigeraho. Niba ukunda urwenya; uzasanga ku mbuga nkoranyambaga zawe ukurikirana abanyarwenya, kugira ngo nyine ubone urwenya rwinshi. Intego zawe nazo zizagenda zikomeza kugana mu cyo ukunda kuko ari cyo ubwonko bukomeza kukwereka ko ari cyo ushaka – kuko nyine wabubwiye ko ari cyo ukunda. Niyo mpamvu ari byiza guhora tuvuga amagambo meza, amagambo yatura ibyiza, kuko ibyo ushyize ku rurimi rwawe, ubwonko buba buri kubyumva, bukagufasha kubigeraho. Niba uvuze ko wumva unaniwe, ubwo nyine ubwonko bwawe uba ububwiye ko unaniwe, buhita bukwumvisha ko nta mbaraga ufite, ko ukeneye kuruhuka, kandi bukaguha inzira ibihumbi n’ibihumbi byo kugufasha kuruhuka – kuko wabubwiye ko unaniwe, kandi unaniwe aba akeneye kuruhuka.

Hari igihe kimwe nanjye nahoraga nibaza niba guhinduka bishoboka; icyo gihe nabagaho ntaramenya gutandukanya imikorere ya ‘subconscious mind’ na ‘conscious mind’. Nahoraga mbwira ubwonko bwanjye ko bunaniwe, kandi ntarananirwa. Sinari nzi ko ibihe bibi byabera umuntu ikiraro cyo kwambuka, akava mu icuraburindi burundu akajya ahabona mu rumuri rutazima. Nguku uko nambutse. Igitangaje ni uko icyo wifuza cyose utungurwa no gusanga koko gihari mu isanzure (universe-). Sinari mbizi, narabimenye ibyari umubabaro kuri njye bimpindukira igihe cyo kwambuka ibibi njya mu byiza.

-->
Ubu nongereye impamvu zituma mpora nishimye nongera ntyo iminsi yanjye yo kwishima nyivana kuri mike nyishyira kuri myinshi. Nk’uko uba ufite impano yo gucuranga, impano yo kuririmba, impano yo gukina umupira ariko warayiretse isinziriye igihe kirekire nuko igihe kikagera ukayikangura. Nasanze kwishima ari ibintu bishoboka, byari bindimo ariko narabiretse bisinziriye. Narabikanguye bihindura ubuzima bwanjye.

  
Imyitwarire myiza akenshi tuyikomora ku babyeyi cyangwa ku miryango twakuriyemo n’imiryango yatureze. Iyi myitwarire niyo akenshi itera umuntu imbaraga zo gukora ibikwiye no kubasha kwibeshaho nawe akazaraga abe imico myiza, bityo, bityo.

Ese ni nde wagakwiye kurenganywa mu gihe umuntu abayeho arangwa gusa n’imyitwarire mibi mu bandi?

Ese harenganywa abamubyaye?

Harenganywa se abamureze?

Cyangwa ni nyir’ubwite?

Ese ryaba ari ikosa ry’uko ababyeyi batamufashije kuba umuntu nyawe ukwiye muri sosiyete, cyangwa ni uko we yahisemo kubaho atyo?

Ibi bibazo mpora mbyibaza. Hari ibitabo byinshi bifasha abantu guhinduka mu myitwarire, ariko se iyo umuntu ahisemo kutabisoma, agahitamo kwiberaho ubuzima bwe we yumva yifuza bw’imyitwarire ya kimuntu idatana no guhora mu mvururu n’abandi, guhora mu makimbirane, ubusinzi, kutaba umwizerwa n’izindi ngeso mbi, aho naho twarenganya ababyeyi? Tukiri bato, imvugo ivuga ngo “umugabo abyara imbwa; imbwa ikabyara umugabo” ababyeyi bakundaga kutubwira yatumaga nibaza niba kugira ngo umuntu azabe umugabo bisaba ko avuka ku babyeyi babi (b’imbwa) cyangwa se niba uramutse uvutse ku babyeyi babi ari bwo uba ufite amahirwe menshi yo kuzavamo umugabo. Ariko nyuma naje kumva ko iyi mvugo yaba ahubwo inumvikanisha ko ababyeyi bawe batagombye kukubera urwitwazo. Ko ushobora kuvuka ku babyeyi beza ariko ukazavamo imbwa, bityo rubanda rugaheraho ruvuga ngo burya koko “umugabo abyara imbwa”. Cyangwa se wavamo umugabo nyamara ukomoka ku mugabo-mbwa, rubanda rukavuga ko burya “imbwa ibyara umugabo”. Ahubwo uramutse unavutse ku babyeyi babi, ukambwirwa iyi mvugo, wagombye kuyibonamo imbarutso yo guharanira kutaba nk’ababyeyi uzirikana ko “imbwa ishobora kubyara umugabo”. Uramutse uvutse ku babyeyi beza nabwo ukumva iyi mvugo; nkeka ko ababyeyi bataba bakubwira ngo kuko uvuka ku babyeyi beza uzabe imbwa, ahubwo ko baba bagucira amarenga ko nubwo waba uvuka ku babyeyi beza byashoboka ko uramutse witwaye nabi wowe ushobora kuzaba imbwa, bityo bakakuwira ibi bagira ngo baguhe isomo ko ugomba kwitwararika ukazaba umugabo hato batazajya bakugenuriraho ngo “umugabo abyara imbwa”.

Ku bya ya myitwarire mibi, kabone n’iyo waba uvuka ku babyeyi babi gute, ntibyakagombye kukubera urwitwazo; kuko nyuma ya byose nawe ugeraho ugakura, “ubwanwa bugasimbura ubwana”, ugacutswa, ugatangira kujya wiyambika, ugafata ubuzima bwawe mu biganza byawe, ukaba ari wowe ugena uko bugenda, aho bwerekeza, ukamenya nawe urugero utanga mu bandi n’umurage uzagasigira abawe.

Ahubwo mbona kuvuka ku babyeyi babi, mu bundi buryo byagombye kugutera izindi mbaraga zirushijeho zo kwitandukanya uko ushoboye kose n’imyitwarire mibi iyo ari yo yose, kugira ngo utazaba nkabo. Bisaba imbaraga, ariko birashoboka. Kuva kuri Condoleeza Rice, Oprah Winefrey, Tony Robins n’abandi bari mu ngero nziza z’abantu bafatwa nk’ab’ibyitegererezo mu ngeri zinyuranye nyamara baravukiye bagakurira mu buzima bubi, ariko ibyo ntibibabere imbogamizi, ahubwo bikabatera izindi mbaraga zidasanzwe zo kuhivana no gufata icyerekezo nyacyo mu buzima bwabo. Hari n’abandi bavutse ku babyeyi twakwita abagabo, nabo bakaba abagabo; abo ni benshi cyane, uhereye kuri Donald Trump, umuhanzi Drake, Angelina Jolie, Enrique Iglesias, Miley Cyrus n’abandi.


MUNTU

Muntu agizwe n’ibice bitatu; umubiri, umutima (cg ubwonko) n’umutimanama (cg roho). Umubiri ugenga iby’inyuma ari nabyo abantu babona. Umubiri ukora ibyo ubwonko buhubwiye gukora. Umubiri uravukanwa, ugakura bitewe n’uko Imana yabigennye. Gusa rimwe na rimwe ushobora kugira ibyo uwuhinduraho bitewe n’ibyo urya, ibyo uwusiga, ibyo uwukoresha n’ibindi. Ariko muri rusange ugenwa muntu akivuka, ukagenda wisanisha n’ibiriho n’uko muntu abayeho. Umutima wo cyangwa se ubwenge bufite ibice bibiri ari byo subconscious na conscious. Umutimanama wo ari wo Roho ni wo ugenga igice kinini. === iyo muntu afite ibi byombi bikora umujya umwe mu rujyan’uruza no mu bwumvikane kandi bikora mu ruhererekane rwiza muntu yitwa ‘Umuntu nya-muntu’, ari we ushimwa kandi utegura imigambi y’uko azabaho n’ibyo azakora agaharanira kubikora. Bene uyu abaho uko yabigennye bitari uko abandi babigennye. Niba umututse, muri we amenya ko ikibazo gifite wowe kidafite we; bityo ntibigire icyo bimuhinduraho, ahubwo agahitamo kwishima imbere muri we, kuko iyo umukoreye ikibi bikangura ibyiyumvo bye, akarushaho kubaho yitwararika amenya ko ari we ubwe ugenga ibyishimo bye, nta wundi wundi umugenga. Iyo muntu afite ibice bibiri bikora neza, kimwe gikora nabi, nibwo umuntu yitwa umuntu mubi (-) cyangwa se mwiza (+).

Iyo umutimanama wa muntu ukora neza, muntu bamwita –mwiza; bakamwita ya magambo yose y’uko yitwara neza mu bandi, amwe y’umuntu ushimwa muri rubanda. Umunyarugwiro, umunyamahoro, umuhanga, umunyarukundo, mutimamwiza, umuhoranabyishimo, umukire, witonda, usenga, n’ibindi. Gusa iyo ibice bibiri bikora neza, kimwe cya roho gikora nabi, wa muntu noneho nibwo bamwita umuntu mubi. Iyi mubi nanone ivuganwa ibikorwa bye bigaragaza ububi bwe. Nuko muntu akitwa umugome, umunyabyaha, w’umwicanyi, umunebwe, indangare, ikivume, imbwa, umuhemu, umunyangeso mbi, iteshamutwe, gashuhe, rwivanga, ugira umunwa, kaboko, maringaringa, rubebe, umukene, ikirara, umusinzi, umuhubutsi n’ibindi. ====

Akenshi abantu twita ku gukosora ibyo tubona inyuma kuri twe nyamara tukibagirwa ibindi bice by’imbere tutabona. Twuhagira igishushungwe cy’inyuma tukibagirwa kuhagira roho zacu z’imbere, tugasiga amavuta ahumura uruhu, tukibagirwa gusiga roho. Nk’uko ari byiza kwisuzumisha indwara tutabona, tukamenya uko n’umubiri wacu w’imbere uhagaze, twagombye no kubikora tukisuzuma abo turi bo imbere mu buryo buhoraho, tugahorana isuku muri twe. Niba numva byaba byiza menye niba nta kanseri mfite cyangwa se ko ntayo nzarwara mu gihe kiri imbere nkumva bimpumuriza, kuki ntakumva ko nagombye no guhora nisuzuma mo imbere naho nkamenya ko nta cyorezo nari kuzahura nacyo nagombye gutangira kuvura ntararemba. Niba waba utari kuribwa ariko ugafata umwanzuro wo kwikingira mbere, ukamenya ko ugomba gufata ubwishingizi bwo kuzivuza amenyo nuramuka uyarwaye, ugahitamo ubwishingizi bw’amenyi kuko uzi ko akora akazi gakomeye cyane mu mibereho ya muntu kandi ko uyarwaye yakurya cyane, ugahitamo kwisuzumisha umutima ngo umenye ko ntawo uzarwara vuba, ugahitamo kwisuzumisha ko nta SIDA wanduye igihe cyose wakoze imibonano mpuzabitsina idakingiye n’umuntu utizeye bityo ngo utangire gufata imiti hakiri kare; ni kuki roho yo tutafata igihe ngo nayo tuyivuze? Uyu mwanya wo kwisuzuma murumva ko twagombye kuwuvata, kandi tukawuha agaciro nk’uko tugaha izindi ngingo z’umubiri tubona. Uwamenya ko 95% by’uko twitwara buri munsi biva mu gice cy’ubwonko cya subconscious; akamenya ko byinshi mu byo dukora byikora kuko bigengwa n’akamenyero, n’ubuzima bwa buri munsi tubamo; naho 5% ari byo gusa dukora dutekerejeho, bigengwa na conscious mind, yahindura akajya asuzuma uwo ari we mo imbere akagena uburyo bwo kubaho. Tuzirikanye ko 75% by’ibiva muri subcounscious mind – by’ibijya muri subcounscience mind – ari ibitekerezo biduca intege, ibitubabaza, ibiterwa na influence twavanye mu bandi (environment-entourage-company – pple we are associated with), negativity; yakumva ko ubwonko bwacu bukeneye kugenerwa umwanya uhagije wo gusuzumwa, no kubungabungwa ngo tuburinde tunabwiteho mu buryo buhoraho.

Twakagombye guhora twisuzuma tukamenya ko imyanya tutabona y’imbere yose y’abo turi bo nyabyo nayo iri amahoro. Ni nabyiza kandi kwisuzumisha muri roho, tukanakora imyitozo ya roho yo kugira ngo uko umubiri wacu abantu babona duhora twifuza ko imera neza na roho yacu tuyisukure cyane bityo idufashe gutuma abantu batwita umuntu nyamuntu.

Iyo wibagiwe iki gice gikomeye cya roho, usanga uri wa muntu sosiyete izi, ibona witwara neza, ikunda kubera wenda ibikorwa runaka byiza ukora ariko nyuma ugakora amahitamo agoranye kwemera, njye nakwita mabi, nuko abantu bagasigara bavuga bati ‘ese burya na kanaka yakora ibi?’ bakavuga bati ‘ni ukumubona agenda gusa’ cyangwa se bati ‘burya muntu ni mugari’ ibi byose biba bisobanura ko batabashije kwiyumvisha uko ibyo ukora n’uwo wagaragaraga inyuma ko uri we bihura. Baba batabasha gusobanukirwa n’uko ukora ibyo, kuko baba batabona uko wowe w’imbere umeze, ko wowe w’imbere wagwingiye cyangwa warwaye ukaba urembye, cyanwa se yewe imbere waranapfuye hasigaye hagenda igishushusngwe, ibyo ukora bisobanura uwo uri we w’imbere. Niyo mpamvu burya abantu biyahura, akenshi ni uko muri bo b’imbere baba baramaze gupfa bityo ntibabashe kubona igisobanuro n’imbaraga byo gukomeza kubaho, barishaka bakibura, bakiyahura.  Kandi koko nibyo ntiwakomeza kubaho inyuma gusa imbere warapfuye.

Uba wamaze gupfa.

Hari uburyo bwinshi bwagufasha gukora imyitozo y’imbere muri wowe; harimo gusenga cyane, kwitekerezaho byimbitse (meditation), gusoma ibitabo byinshi bivuga ku mibanire ya muntu n’abandi, kwitoza imico myiza, gukunda, kwiga koroherana, kwiga kubabarira no kubana neza n’abandi, kureka imico mibi n’ingeso zose mbi, kwiga, kwitoza no gutangira kubaho mu mico myiza, guhorana umuco wo kwigenzura binyuze mu kwandika uko umunsi wawe wagenze no gutegura umunsi w’ejo, kwicisha bugufi, kubaho mu buzima bufite icyerekezo, gutegura ejo hawe hazaza mbere ukiyemeza kubaho uko wabyiyemeje nta wundi ugenga ubuzima bwawe, guhorana ikaye wandikamo ibyifuzo byawe n’intego zawe kd ugakurikiza ubuzim bwo kubaho gusa ugendeye ku byo wanditse utagendeye ku bindi bigusubiza inyuma, kugenzura inshuti zawe ukazishungura ugahitamo inshuti nyazo zihuje n’uwo wifuza kuba we, kutemera kubaho mu mateka y’ibyashize ahubwo ukiyemeza kubaho mu wo wiyemeje kuba we, kubaho ubuzima bufite intego n;icyerekezo n’intumbero.

Bavuze ko ntacyo uri cyo, ntacyo uba uri cyo koko?
Mujya mubona ukuntu iyo umuntu akubwiye nabi bikubabaza ukumva bigukorogoshoye mu bwonko? 
Wenda nk’iyo umuntu wizera akubwiye ngo wowe uri imbwa cyangwa ngo uzaba imbwa, ngo wowe ntacyo uzigezaho; ukuntu bikubabaza rimwe na rimwe ugatangira kwisuzuma ngo urebe niba koko ibyo akubwiye bitaba ari ukuri. Hari ubwo rero abikubwira wenda bishingiye ku mpamvu, nk’iy’uko hari nk’akazi wahawe gukora ariko ntugakore uko bikwiye. Bityo ukaba wagendera kuri ibyo ukumva koko ko ibyo akubwiye ari byo, bikagutera kubabara no kwicuza mu mutima wawe. 
Burya rero ntiwagombye kubabara mu mutima ugendeye ku byo undi muntu akuvuzeho, kuko undi muntu ibyo akuvuzeho kabone n’iyo byaba bifitanye isano n’ibyabaye ntibisobanuye uwo uri we muri wowe. Dufatiye kuri uru rugero, niba akazi runaka kakunaniye kugakora ntibisobanuye ko uzaba imbwa; niba akazi kakunaniye ntibisobanuye ko udashoboye, ntibisobanuye ko akazi kose kabaho kakunanira. Bisobanuye nyine ko ko ako kazi gusa kakunaniye muri uwo mwanya, ariko wifitemo imbaraga zo gukora kandi bitewe n’imbaraga zikurimo ntuzaba imbwa nk’uko abikeka.
“Buri wese ni umuhanga (a genious)”, niko Albert Einstein avuga. Akongeraho ati “Ariko uramutse ugennye ugennye ubuhanga bw’ifi ugendeye ku bushobozi bwabyo bwo kurira igiti, iyo fi yazabaho ubuzima bwayo bwose ikeka ko nta bwenge igira”. Ni kenshi twese tujya twumva rimwe na rimwe ntacyo turi cyo, ko ntacyo dushoboye mu buzima; wenda ahari kubera gusa ko twatsinzwe mu ishuri, cyangwa se turi mu bihe bigoye mu buzima, abatubona bakabikurizaho bavuga ko turi abaswa, ko turi ibigoryi, ko ntacyo turi cyo.
Uri ifi, kuki abantu bashaka kukwuriza igiti?
N’ubwenge bwacu bwacu rimwe na rimwe hari igihe bushaka gukora ibi. Uhuye n’ikibazo, ushobora kwisuzuma ukibonamo imbaraga zindi zo gutangira bundi bushya, cyangwa se niba hari ubumenyi ubura ukunguka imbaraga zindi zo gusubira mu ishuri ukiga ukiyungura ubumenyi, ukanonosora ibyo ubura. Mu gihe ugize ibibazo runaka bigutera kwitekerezaho byagombye kukongerera izindi mbaraga bikaguha ikindi cyerekezo, bikagufasha gufata izindi ngamba nshya zo kubaho, ukazamura urwego rw’uwo bagufataho ukajya ku rundi rwego. N’iyo waba watsinzwe uyu munsi ntibisobanuye ko uri umuswa, nta n’uwagombye kubigenderaho akwita umuswa, ahubwo bisobanuye gusa ko uri mu gihe cyo kwisuzuma ukongera imbaraga aho zikenewe. Ese ni nde ugomba gushyiraho urwego rw’abo tugomba kuba bo? Ni nde ugomba kwemeza ko turi imbwa mu buzima bwacu? Ntiwagombye no guha umwanya umuntu wumva ko gutsikira by’isegonda, by’isaha, by’umunsi, by’umwaka cyangwa by’igihe runaka cyashize cyangwa se kutagirira ubushobozi ikintu runaka bisobanura uwo uri we. Oya. Umuntu nicyo kiremwa ku Isi gifite imbaraga zitagira iherezo, twifitemo ububasha bw’indahangarwa muri twe ku buryo nta wundi wagombye kwemeza ibyo turi byo wundi utari twe. Bityo twiha umurongo twe twumva twifuza kugeraho, umurongo w’uwo twe muri twe twumva turi we, kandi tugakora duharanira kugaragaza koko uwo turi we.
Waba ahubwo uzi niba uri kurira igiti kandi uri ifi? Ngiki ikibazo cy’ingenzi wagombye kuba uri kwibaza. Waba ufite cyerekezo ki mu buzima bwawe? Waba ukora intambwe zingahe buri munsi kugira ngo ugere ku cyerekezo wihaye cyangwa wumva wifuza kugeraho? 
Ubwo nari ngiye kurangiza amashuri nagiye kwimenyereza umwuga, nuko umuyobozi wa radiyo nari ngiye kwimenyerezaho umwuga arambwira ati “Mu buzima wagombye kumenya intego y’ubuzima bwawe. Urugero nko mu mwuga w’itangazamakuru niba wifuza gukorera Radiyo Mpuzamahanga, ukaba ubizi, ukabyandika uti ‘mu myaka itanu nzakorera Radiyo mpuzamahanga.’ Bityo niba uzi ko mu myaka itanu uzakorera Radiyo Mpuzamahanga ukaba ugomba kubiharanira. Mu kubiharanira urabisuzuma ukareba igikenewe kugira ngo uzahagere. Nuko ukabona ko kugira ngo mu myaka itanu uzabe uri kuri Radiyo Mpuzamahanga nibura mu myaka itatu iri imbere ugomba kuba uri mu banyamakuru ba mbere beza mu gihugu; wabimenya ukabona ko ugomba kubiharanira; bityo ko mu mwaka umwe nabwo ugomba kuba ukorera imwe mu maradiyo akomeye mu gihugu, ubwo ko mu kwezi kumwe ugomba gukora inkuru wenda nk’eshatu; bityo ko mu cyumweru ugomba gukora inkuru nk’eshanu; bityo ko ku munsi wagombye kuba ufite ibitekerezo nka bibiri byakorwamo inkuru nziza kurusha izindi, gutyo gutyo kugeza ku kantu gakenewe ka nyuma.” 
Yambwiye ko uko ugenda ubona ibisabwa byose, ugera aho ugasanga ko nta mwanya na muto ugomba guta. Ugasanga ko ugomba gukora cyane kurusha abandi bose kugira ngo ibyo wiyemeje uzabigere. Ibi bikagufasha gutandukana n’ibindi byakurangaza ibyo ari byo byose, kuko biba binyuranyije n’ibyo wowe wiyemeje. Ntiwaba uri ifi ngo ube uri mu bari guhanganira kurira ibiti. 
Nk’ifi, wagombye ahubwo kuba iri mu mazi woga. 
Niba utari mu mazi, wagombye guhagarika ibyo urimo byo gushaka kurira ibiti, ugatangira gushaka amazi, ukoga. Wimara umwanya wawe mu kurira igiti, ubuzima bwawe bwose wazarinda ubumara, ugapfa hose bavuga ko habayeho umuntu witwa wowe utari ufite icyo azi, kandi ari uko wabayeho urwana no kurira igiti uri ifi.
Ends-



Richard Irakoze quotes

·      Ntiwatekereza igisubizo cy’ikibazo utarahura nacyo; igihe duhuye n’ibihe bigoye mu buzima, niwo mwanya mwiza wo gutekereza ku bisubizo bidufasha guhindura ubuzima – Richard Irakoze

·      Mu bihe bibi niwo mwanya mwiza wo gutekereza neza – Richard Irakoze

·      Ikibazo uhuye nacyo wagombye kugikemura ugifatira umwanzuro wo kutazongera guhura nacyo ukundi – Richard Irakoze

·      Mu byo uhura nabyo wiyemeje kujya ushyira imbaraga ku byiza ibibi bihinduka ubusa – Richard Irakoze

·      Imana yaduhaye ubushobozi bwo kurema; igihe tuvuze ijambo tuba turemye – Richard Irakoze

·      Turi ibiremwa bifite ubushobozi butangaje; ibiremwa bishobora kurema – Richard Irakoze

·      Twifitemo imigisha iva mu ijuru, dufite umumalayika udukingira; yadusabye gusa kudahemuka no kudacumura ukundi, ubundi tugafungura amayira ye! – Richard Irakoze

·      Kwishima kwawe ntibyagombye guturuka ku wundi muntu, bigomba guturuka kuri wowe ubwawe kuko nta yindi mpamvu yindi idasanzwe dukeneye ngo twishime; nk’uko tugomba kunywa amazi nta yindi mpamvu yindi kuko ari meza ku muburi ni nako tugomba kwishima nta yindi mpamvu yindi kuko turiho kandi twiyemeje kwishima. – Richard Irakoze

·      Ibibi byose twahura nabyo nta cyapfa kutubuza kwishima, ese ni iki cyatubuza kunywa amazi? Ntitwagira umwuma se tutayanyweye?– tutishimye imbere muri twe tugira umwuma, kuko kwishima  isoko y’amarangamutima n’imyitwarire byacu. Ushobora kudapfa, kuko inyuma uba ukiriho ugenda, ariko mo imbere uri aharindimuka. – Richard Irakoze

·      Ni kuki kuri televiziyo hajemo ikiganiro udashaka uhindura ukajya ku yindi shene, ariko wahura n’ibitekerezo bibi ho ntumenye ko ugomba guhindura ikigutera ibyo bitekerezo bibi? – Richard Irakoze

·      Muri Amerika hari amahirwe menshi, abantu bakora igihe kirekire bakabona amafaranga menshi, bakagera ku bintu byinshi bifuza. Nibwo ubona neza ubushobozi bw’umuntu. Ikintu wakoraga nko mu minota 40 cyangwa isaha, ubona ko ufite ubushobozi bwo kuba wagikora mu minota nka 15 cyangwa 20. Ubona ko ufite ubushobozi bwo kuba wavamo ba wowe benshi. Nibwo ubona ko koko hari umwanya ushobora kuba warataga utabizi. Nibwo ubona ariko ko iyo ubasha kubaho muri bike, ubasha kubaho mu buzima bugoye bikworohera cyane kubaho ubuzima bwose, no kwishimira iterambere rito iryo ari ryo ryose wageraho. Nibwo amaso yawe ahumuka ukabona amahirwe abandi bafite ariko bafata nk’ibintu bisanzwe kuri bo. Nibwo wiyemeza gukoresha buri rugingo rwawe rwose ukiyemeza guharanira guhindura ubuzima bwawe, ukabyaza umusaruro buri mahirwe yose ubonye. Bigutera imbaraga zo kwishimira ko Imana yagufashishe kuva kure ukagera aho ugeze. – Richard Irakoze

·      Niwizihiza iminsi mikuru ya Noheri, Ubunane, ThanksGiving Pasika n’iyindi n’abawe uzaba ufite impamvu zirenga 1000 zo kwishima. Nugera igihe utizihiza iminsi mikuru ya Noheri, Ubunane na ThanksGiving hamwe n’abawe uzishime kuko uzaba ufite ikintu gihambaye uri gutegura. – Richard Irakoze

·      Uwarekera aho kwifuza akanyurwa n’uko ari ubu; niko kubaho. – Richard Irakoze

·      Ntabwo ubuzima bwacu bwagombye kugengwa n’ibidukikije ngo kwishima kwacu guturuke ku byo tutizeye uko bigenda kuko nta na rimwe bishobora guhora bigenda uko ubyifuza 100%. Iyo bitagenze uko ubyifuza ntibyagombye kutubuza kwishima kuko kwishima kwacu kuva imbere muri twe, kuva kuri twe ntikuva ku bandi. – Richard Irakoze

·      Uhuye n’ibibazo 1000 uba ubonye amasomo 1000 yagakwiye kugufasha. – Richard Irakoze

·      Igihe kimwe kontra y’akazi keza nari mfite yararangiye nsigara nta kazi; icyo gihe naribazaga nti bigiye kugenda bite? Namaze amezi 6 nta kazi mbyuka nkicara mu cyumba ngasoma ibitabo nkarya nkaryama. Nari nzi ko bindangiranye, ariko nibwo nasomye igitabo Rich Dad, Poor Dad cyahinduye ibitekerezo byanjye ninjira mu nzira yamfashije guhindura ubuzima bwanjye. Ndishimira ko ako kazi karangiye kuko ahari inzira natangiye uwo munsi ntari kuzapfa nyimenye. Ubu mbayeho ubuzima nifuza bwiza ntakerezaga ko nagira nyuma yo kubura akazi. – Richard Irakoze

·      Nkigera muri Amerika umuntu umwe mu bo twaganiriye mbere witwa Dan Jackson yarambwiye ati “Muri Amerika ibintu byose birahari, nubaza umuntu uti ndifuza iki akakubwira ko kitabaho cg ko kidashoboka uzamwihorere ugende ubaze undi kugeza ukibonye. Uzatungurwa no gusanga uvuga ko kidahari ari uko wenda we atazi ko kibaho, bityo agatinya kubikubwira ngo utamuseka”, yongeraho ati “ujye uruhuka ari uko ubonye icyo wifuza cyose kuko burya kiba gihari---icyo wifuza cyose!.” ibyo byanteye imbaraga nyinshi. – Richard Irakoze

·      Kuki twishima (gushima agaheri)? Uko bigenda mu bwonko kugira ngo umuntu yishime aho aribwa; akenshi ni uko tuba turi uncounscious… uko wareka ingeso yo kurya inzara, kwikora ku mazuru kenshi n’utundi nk’utwo; wagerageza kuba conscious igihe cyose. - Richard Irakoze

·      Nta kibazo nabonye mu kunywa inzoga, icyiza nazibuzemo ni uko zitampuza n’abazima nifuza. Kutazinywa nabyo bigatuma izo ‘nshuti zawe’ zikwita ikigwari, bikagusunikira ku kugumana nabo. – Richard Irakoze

·      Dufite inshingano zo gutegura mbere ubuzima bwacu tukamenya neza icyerekezo nyacyo twifuza ko bujyamo kuko ni twe twihitiramo icyerekezo, iyo tutabikoze butujyana aho bwishakiye; ntibyumvikana ukuntu mbere yo gufata urugendo urutegura ugateganya uko uzagerayo, ibyo uzakora n’uko uzagaruka ariko ubuzima bwawe bwo ntubashe kubufatira umwanya ngo nabwo ubutegurire uko uzabubamo ibyo uzabukoramo n’uko nyuma yo kubaho kwawe uzasigara uvugwa ahubwo ugahitamo kujya ubaho utazi uko buri bwire n’uko buri bucye. Ese ni gute waba ugenda n’indege uri mu kirere ugakora impanuka n’imodoka iri kugendera ku butaka? Ntibishoboka kuko byombi ntaho byahurira. Ese waba wicaye mu rusengero uri gusenga nuko abantu bakaza kuvuga ngo warohamye mu Nyanja? Byashoboka se bite? Kugira ngo urohame bisaba ngo ube uri mu mazi cyangwa hafi yayo. – Richard Irakoze

·      Uri mu gihugu bakavuga ngo hateyemo intambara wenda wowe uri nk’Umunyamahanga byaba byiza uhunze, kuko nyine ahantu uri nta mutekano uhari. Biroroshye ko umuntu ufitanye imvururu n’undi nawe yakugeraho akakwica cyangwa akagukomeretsa. Bityo ubuzima bwawe byaba byiza ubuhungishije ukabujyana ahandi hari umutekano wizewe. – Richard Irakoze

·      Natunguwe no gusanga abandi bantu bazi, njye ntazi. Byanteye inyota yo gukomeza gusoma no gushakisha. Mu gushakisha, urushaho kwagura inyota yo gukomeza kumenya, no gusangira n’abandi ibyo bazi. Nakekaga ko nzasanga abantu ahari bavuguruzanya cyangwa se batanga ubumenyi mu buryo butandukanye, ariko naje gusanga byinshi mu byo bavuga bihura, bityo kwihatira kumenya nibura iby’ibanze uba uteye intambwe ikomeye, kuko uba unganyije ubumenyi n’abandi bantu benshi, ikiba gisigaye ni ukubaho wifashisha ubwo bumenyi mu guhindura ubuzima bwawe bukaba bwiza kurushaho. – Richard Irakoze

·      Ibyo wowe utazi ntiwakagombye gugakeka ko bitabaho, ahubwo ibyo usanze utazi byakagombye kugutera inyota yo guhora ushakisha bityo ukamenyeraho n’ibindi utari uzi ko utazi. Ni amahirwe nibura kuba umenye ko hari ibyo utazi, bikaba amahirwe kurushaho umenye ibyo utari uzi. Ni ibyago bikomeye kutamenya ko hari ibyo utazi, iyo utazi ko utazi, nta mbaraga na nke wagira zo guhaguruka ngo ushake. – Richard Irakoze

·      Byaba bitangaje ko wanyura mu bihe bibi, ukabivamo ugakomeza kuba uwo wari we – Richard Irakoze

Richard Irakoze

Murakoze gusura blog yanjye www.richardirakoze.blogspot.com. Imana ibahe imigisha yayo!!! Live Full, Die empty!!