Friday 28 January 2011

Laddy Gaga agiye gukora parufe ihumura nk’intanga ngabo zivanzemo amaraso!



Umuhanzi Laddy Gaga akunze kuvugwaho utuntu twinshi dutunguiranye kandi dutangaje cyanwe. Akjenshi akunda kubigaragariza mu myambaro yambara n’ibikorwa akunda gukorera kuri stage imbere y’abafana be. Kuri ubu yahisemo no kubigaragariza mu bikorwa kuko agiye gushyira ahagaragara parufe ikozwe ku buryoo ihumura amaraso n’intanga ngabo bivanze.
Abenshi bakunda gufata uyu mukobwa (wabaye umubikira) nk’umusazi kubw’imyambarire ye. Ibikorwa bye nabyo benshi bakaba bajya babona ko bitangaje cyane dore ko iteka aba ashaka agashya. Nko kuri iyi parufe aravuga ko yayitekerejeho yifuza kugaragaza itandukaniro n’abandi bakoraga amaparufe agerageaz kuvanga impumuro y’intanga ngabo n’amaraso.
Gusa ngo iyi parufe ntizapfa kuboneka ahantu hose kandi n’ahgo izaboneka izaba ikosha kubw’ibintu izaba ikozwemo kugira ngo ibashe kubona iyi mpumuro Laddy Gaga yifuje. Iyi parufe akaba yari yarifuje kuyiririra izina ryue ariko nyuma aza gusanga byaba byiza ayise Monster. Iri rikaba ari ryo zina iyi parufe izasohoka mu mwaka utaha w’I 2012.

Abantu batandukanye nyuma yo kumva iyi nkuru y’uko Laddy Gaga ashaka guha impumuro y’intasnga zivanze n’amaraso parufe ye nshya, ntibahwema kubasza uburyo uyu mukobwa azabasha kubigeraho n’uburyo iyi parufe y’akataraboneka izaba imeze.
Tubibutse ko Laddy Gaga amazina ye asanzwe yitwa  Stefani Joanne Angelina Germanotta akaba yaravukiye  mu mugi wa New York kuya 28, mu mwaka w’i 1986. Ni ukuvuga ko afite imyaka 24. Akaba avuka ari umwana wa mbere abyarwa na Joseph Germanotta naho nyina akaba yitwa . Cynthia. Akaba amaze igihe igihe kini ahabwa ibihembo bitandukanye byiganjemo ibya MTV Awards.
Richard IRAKOZE

No comments:

Post a Comment