
Mu kiganiro kirambuye (ushobora
no kwiyumvira kuri IKIREZI.rw, Marshal Mampa) yagize ati:“Ubu ngubu ndi out (ndi
hanze) ubu ngubu ndi kurara muri studio”.
Yavuze kandi ko mu myaka 2
yari amaze afungiwe muri gereza hari ibintu bitangaje atabasha kurondora yagiye
ahabona kandi byamwigishije mu buzima. Yagize ati:“Muri Jela (gereza) nagiye
mpabona ibintu byinshi cyane, nagiye mpabona udutendo twinshi”.
Marshal kandi yatangarije IKIREZI.rw
ko umukobwa uzwi cyane muri showbiz nyarwanda uzwi ku izina rya Sonia
Cyurinyana azaburana muri uku kwezi, bityo nawe akaba yitegura gufungurwa mu
misni ya vuba. Yanavuze kandi ko bari babanye neza muri gereza kandi ko abantu
benshi bari babazi.
Uyu muhanzi Marshal Mampa yatangarije
IKIREZI.rw ko agiye gutangira kurara amajoro muri Studio ya Unlmited kugira ngo
akomereze aho yari agejeje mu muzika ye.

Uyu muhanzi azwi mu
ndirimbo nka Ibyanjye Ndabizi, Irimbi ry’abazima, Babiri ku rutonde n’izindi.
No comments:
Post a Comment